Pensamentos
A Bíblia ensina que somos fruto dos nossos pensamentos. Por isso, Deus nos chama a renovar a mente, pensar em coisas nobres e guardar o coração com toda diligência.
Pensar no que é bom
Paulo nos exorta a pensar no que é verdadeiro, honesto, justo, puro, amável e de boa fama. A mente renovada é o caminho da transformação.
Ibisigaye bakundwa, ikintu coose c’ukuri, ikintu coose co kuubahwa, ikintu coose gikiraanuka, ikintu coose kiboneye, ikintu coose c’igikundiro, ikintu coose gishimwa, niiba hari iciiza gihebuuje kandi hakabaho igikwiriye ishimwe, abe ari co muhoza ku mutima.
Ntimukiigaane imyifatire y’ab’iki gihe turimo, ahuubwo muhinduke by’ukuri, Imaana ivugurure ibiteekerezo byanyu. Ni bwo muzaashobora kumenya ibyo Imaana ishaaka ari byo byiza biyishiimishije kandi bitunganye rwose.
Nuuko reero ni mwiteguure, kandi mwirinde, mushire ibyiringiro byanyu ku migisha Yesu Kristo azaabaha igihe azaagaragazwa.
Noone reero, dukwiriye gushiima Imaana yo ikoreesha imbaraga zaayo muri twe, igakora ibirenze ku byo twasaba, ndetse n’ibyo twakwibwira. Ni ihaabwe ikuzo mu itoorero no muri Kristo Yesu ibihe byose, n’uko ibihe biha ibindi. Amiina.
Guardar a mente
A Palavra de Deus discerne os pensamentos e intenções do coração. Guardar a mente é proteger a alma das armadilhas do pecado.
Ni koko Ijambo ry’Imaana ni rizima kandi rifite imbaraga, rityaye kurusha inkoota ifite impande ebyiri. Rihinguranya mu muntu rikagera mu mahuuriro y’ubuzima n’umwuka, no ku y’ingingo n’umushokoora. Rishoboye kugenzuura ibyo umutima wiibwira n’ibyo ugambiiriye.
Os caminhos de Deus são mais altos
Os pensamentos de Deus são infinitamente superiores aos nossos. Devemos entregar nossos pensamentos a Ele e confiar em sua sabedoria.
Pensamento e conduta
Do coração procedem os males. A Bíblia nos adverte a não se preocupar excessivamente e a ter pensamentos sóbrios e disciplinados.
Nuuko arababwira ati, "Ikiva mu muntu ni co kimuhumaanya, Kuko mu mitima y’abantu haturukamo ibiteekerezo bibi, uburaaya, ubujuura, ubwicanyi, ubusambanyi, umururu, ubugome, ububeeshi, gukora ibibi, ishari, amafuti, ubwiraasi n’ubupfu. Ibi bibi byose bituruka mu mutima, kandi ni byo bihumaanya umuntu."
Ni co gitumye mbabwira ngo, ntimugahagarike imitima yaanyu ku byerekeye ubuzima bwanyu muti, mbese tuzaarya iki, cangwa tuzanywa iki, cangwa ibifashe ku mubiri waanyu muti, mbese tuzambara iki. Mbese ubuzima ntiburuta ibyo kurya, n’umubiri ukaruta imyambaro?
Igihe usenga, ntuugatondagure amagambo atagira ico avuga nk’uko abapagaani babigenza, kuko bateekereza ko kuvuga amagambo menshi bituma bumvwa.
Nuuko abantu ibihumbi n’ibihumbi bateeranira aho Yesu ari, bagera n’aho bakandagirana. Abwira abiigiishwa be ati, "Mwirinde umusemburo w’Abafarisaayo ari wo buryarya. Ndababwira ukuri yuuko ari ntaacahishwe kitazaahishuurwa, kandi ko ari ntaabanga ritazaamenyekana. Nuuko reero ibyo mwavugiye mu rwihereero byose, bizumvikanira ku mugaragaro. Ndetse n’ibyo mwongoreraniye ahiihereereye bizaarangururirwa ku mugaragaro."
Yesu akomezamo ati, "Nshuti zanje, ntimugatinye abantu bashobora kubiica ariko ntaakindi baashobora kubatwara. Ahuubwo ndababwira yuuko mutinya Imaana ifite ububaasha bwo kwica umuntu ikanamujugunya mu muriro utazima. Koko ndabibabwiye, uwo abe ari we mutinya. Mbese, ibishwi bitaanu ntibigura ibiceri bibiri gusa? Imaana ntiyakwibagirwa na kimwe muri byo. Ndetse n’umusatsi wo ku mitwe yaanyu woose warabazwe. Nuuko ntimugatinye kuko murusha agaciiro ibishwi byinshi."
Nuuko Yesu arababwira ati, "Ndababwira ukuri yuuko umuntu weese uzampamiriza imbere y’abantu, Umwana w’Umuntu na we azaamuhamiriza imbere y’abaamalayika b’Imaana. Ariko unyihakanira imbere y’abantu, Umwana w’umuntu azamwihakanira imbere y’abaamalayika b’Imaana. Umuntu weese uvuga naabi Umwana w’Umuntu azaababarirwa, ariko utuka Umwuka Weera, ntaazaababarirwa na hato.
Nibabashira imbere mu masinagoogi, no mu batware hamwe no mu bacaamanza, ntimuzaahagarike umutima w’ibyo muziireguuza cangwa w’ibyo muzaavuga. Ico gihe Umwuka Weera azaabamenyeesha ico mukwiriye kuvuga."
Maze umwe muri abo bantu abwira Yesu ati, "Mwigiisha bwira mukuru wanje tugabane umurage twasigiwe na daata."
Yesu aramusubiza ati, "Nshuti yanje, ni nde wangize umucaamanza cangwa uwo kubagabira ibintu byanyu." Arongera arababwira ati, "Mwitonde kandi mube maaso ku bintu byo kurarikira, kuko ubugingo bw’umuntu butava mu bukire bw’ibyo afite."
Maze Yesu abaciira uyu mugani ati, "Haabaayeho umugabo w’umukire wari ufite itaka ryeraga caane. Yiigiira inaama ati, ‘Nzaakora nte, ko ntafite umwanya uhaagije wo guhunikamo imyaka yanje?’
Maze aravuga ati, ‘Nzaakora ntya: Ndasenya ibigega mpunikamo, maze nuubake binini birutaho umwo nzaaja mpunika imyaka yanje yoose hamwe n’ibindi bintu byanje ntunze. Nooneho niibwire nti: Ubu ufite ibyiza byinshi wibiikiye bizaagutunga igihe kireekire wiriire kandi winywere maze udamarare.’
Ariko Imaana iramubwira iti, ‘Wa mupfaapfa we! Iri joro urakuurwaho ubugingo bwawe. Noone se ibyo washaatse bizaaba ibya nde?’
Uku ni ko bizaaba ku muntu weese wirundaanyiriza ubukire bwo mu isi adafitanye ubumwe n’Imaana."
Nuuko Yesu abwira abiigiishwa be ati, "Ni co gituma mbabwira nti, ‘Ntimukiiganyire ku bw’ubugingo bwanyu ngo muhagarike umutima muti, tuzaarya iki, cangwa muteekereze ibyerekeye umubiri ngo tuzambara iki?’ Ubugingo buruta caane ibyokurya n’imyambaro. Mureebere ku nyoni zo mu kireere, ntaabwo zihinga cangwa ngo zisaaruure. Ntizifite n’amazu zihunikamo cangwa ibigega, nyamara Imaana irazigaburira. Ntimuuzi se ko muziruta inshuro nyinshi? Ni nde muri mwe wakwiyongeraho n’isaaha imwe yoonyine ku bugingo bwe ku bwo guhagarika umutima? Noone se niiba mutashobora gukora ikintu gito nk’iki, ni iki kibahagarikiisha umutima ku bindi bintu.
Nimureebe kandi uko ibimori byo mu gasozi bikura. Ntibigira umurimo bikora cangwa ngo bigire imyambaro bidoda ariko ndababwira yuuko na Solomooni mu bukire bwe, atiigeze yambara neeza nka byo. Imaana iha ubwiza ibimera byose byo mu gasozi, bibaho uyu munsi, ariko ejo bigataabwa mu muriro. Noone se ntizaabakorera ibirutaho mwa bafite kwizeera guke mwe? Nuuko ntimugahagarike umutima w’ibyokurya cangwa ibyokunywa ngo abe ari byo muhozaho umutima. Ibi byose abatiizeera Imaana bo mu isi na bo barabishaakiisha. Naho mwe So wo mu ijuru azi ko mubyifuuza. Ahuubwo mbere ya byose, mushaake Ubwami bw’Imaana, niho ibyo muzaabyongererwa.
Mwa biigiishwa banje mwe, nuubwo muri bake, ntimugaatinye kuko So aneezeezwa no kubaha Ubwami bwe. Muguriishe ubutunzi bwanyu maze amashilingi muyafashishe abakene. Mwishaakire ubutunzi buhoraho ari bwo bukire bwo mu ijuru butagira iherezo kandi aho abajuura bataabwiba cangwa inyenzi ngo ziburye. Ndababwira ko aho ubukire bw’umuntu buri, ari ho n’umutima we uzaaba.
Nuuko muhore mwiteguuye kandi amataara yaanyu yake. Mumere nk’abagaragu bategereza sheebuja ngo ave mu bukwe kugira ngo naagaruka agakomanga, baheereko bamukinguurire. Abagaragu bo sheebuja azaasanga biiteguuye, ni bo bazaagororerwa. Ndababwira ukuri yuuko azaakenyera, akabiicaza, akabagaburira. Abagaragu bo sheebuja azaasanga bari maaso aho azaazira hoose, haba nijoro cangwa mu gitondo kare, bazaagororerwa. Mwibuke ko iyo nyirirugo aza kumenya isaaha umujuura aribuuzire mu nzu ye, ntiyakwemeye ko inzu ye icukurwa. Namwe reero mukwiriye kwiteeguura, kuko Umwana w’Umuntu azaaza mu gihe mudateekereza."
Nuuko Peetero aravuga ati, "Nyagasani, uyu mugani ni twe uwuciiriye twenyine cangwa ni abantu boose?"
Yesu aramusubiza ati, "Ni nde mugaragu w’ubwenge kandi udahemuka wo sheebuja azaasigira umurimo wo kugaburira abandi bagaragu mu gihe gikwiriye? Uwo mugaragu wo sheebuja azaaza agasanga yarakoze ibikwiriye azaagororerwa. Ndababwira ukuri yuuko sheebuja azaamuha gutegeka ibye byose. Ariko uwo umugaragu natangira kwibwira ko sheebuja atari bugaruke vuba, agatangira gukubita bagenzi be, akiiriira, akinywera ndetse agasinda, sheebuja azaaza umunsi uwo mugaragu atamwiteguuye n’igihe ataazi. Azaamuhana bikabije hamwe n’abantu batiizeera.
Umugaragu weese uzi ico sheebuja ashaaka ntaaciteho, ngo agikore nk’uko yategetswe, azaakubitwa inkoni nyinshi. Ariko umugaragu utaazi byinshi byo sheebuja ashaaka, agakora ibidakwiriye, azaakubitwa inkoni nke. Uwahaawe byinshi azaabazwa byinshi kandi n’uwahaawe byinshi birutaho, aziishuzwa byinshi kurutaho.
Nazanywe no gukongeza umuriro ku isi, icampa uwo muriro ukaba umaze gufata! Mfite umubatizo w’umubabaro uteeye ubwoba nzaabatizwa, bimpagaritse umutima kugeza igihe bizaarangirira. Mbese mwibwira ko naaje kuuzana amahoro mu isi? Oya rwose! Ahuubwo naaje gutandukanya abantu. Kuva ubu, abantu bataanu bo mu muryango umwe, ntibazaahuuza. Batatu bazaarwanya babiri, n’abandi babiri barwanye batatu. Umuhungu ntaazaahuuza na se, na se ntaazaahuuza n’umuhungu we. Umukoobwa ntazaahuuza na nyina, kandi nyina yeguhuuza n’umukoobwa we, ndetse n’umukazaana na nyirabukwe, ntibazaahuuza."
Arongera abwira abantu ati, "Iyo muboonye igicu giturutse iburengerazuuba, muravuga muti, ‘Imvura igiiye kugwa’ kandi koko ikagwa. Kandi iyo umuyaga uhuuha uturutse mu majeepfo, muravuga muti, ‘Haraba ubushuhe bwinshi’ kandi ni ko biba. Mwa ndyarya mwe! Mbese ko muuzi gusobaanura impindahinduka y’umunsi n’ikireere, ni kuki mutamenya gusobaanura iby’iki gihe?
Mwebwe se ni kuki mutamenya guhitamo igikwiriye? Nuujaana n’umuntu ukurega ku mucaamanza, ugerageze wiyuzuze na we mutaraagera imbere y’umucaamanza, bigatuma umucaamanza agushikiriza umusirikare, maze na we akagushira mu gihome. Ndababwira ukuri yuuko utazaavamo utari wishura umwenda woose hadasigayeyo n’ishilingi n’imwe."
Ku bw’ubuntu Imaana yangiriye, ndabwira buri umwe muri mwe kutiiteekerezaho birenze urugero muriho. Ahuubwo mukoreeshe ukuri mu gihe mwiteekerezaho mukurikije urugero Imaana yabahaaye rwo Kwizeera.
Noone bavandimwe ndabinginga mu izina ry’Umwami waacu Yesu Kristo, kugira ngo mwese mu be bamwe kandi ntihagire amacaakubiri areebeka muri mwe, ahuubwo muhuuze imitima n’inaama.
Mbese ni nde wamenya ikiri ku mutima w’umuntu keretse umwuka uri muri uwo muntu? Ni na ko ari ntaamuntu waamenya iby’Imaana, keretse Umwuka waayo.
Ntihakagire uwiibeesha. Nihagira umuntu muri mwe wiibwira ko ari umunyabwenge muri iki gihe, akwiriye guhinduka umupfaapfa kugira ngo abone kuba umunyabwenge nyakuri.