Casa de Deus
A casa de Deus é lugar de adoração, refúgio e encontro com o Sagrado. A Bíblia exalta o tabernáculo, o templo e a igreja como morada do Altíssimo entre seu povo.
A presença de Deus
Quão amáveis são os teus tabernáculos! Uma coisa pedi ao Senhor: habitar na casa do Senhor todos os dias da minha vida.
O templo
Minha casa será chamada casa de oração. O zelo da tua casa me consumiu. O verdadeiro templo é o corpo do cristão.
Yesu yinjira mu Nzu y’Imaana yiirukana abacuruuzi n’abaguzi boose baarimo. Yubika imeeza z’abaaguraanaga amashilingi n’abaaguriishaga inuma. Arababwira ati, "Ibyanditswe biravuga biti,
‘Inzu yanje iziitwa Urusengero,’
ariko mwe mwayihinduye ubwihisho bw’abajuura."
Iminsi yo kwizihiza ibirori byo Kunyurwaho kw’Abayuuda yegeereje, Yesu aja i Yerusaalemu. Asanga abantu baguriisha inka, intaama, n’inuma, kandi n’abandi baavunjaga amashilingi biicaye ku meeza zaabo mu Nzu y’Imaana. Nuuko Yesu akora inkoni mu migozi, ayikoreesha kwirukana amatungo yoose yari mu nzu y’Imaana, yiirukanamo intaama, n’inka. Amena haasi ibiceri by’abaavunjaga, kandi ahirika n’imeeza zaabo. Maze abwira abaaguriishaga inuma ati, "Ni muzikuure hano! Murekeraho guhindura inzu ya Daata iguriro." Abiigiishwa be biibuka ibyanditswe bivuga ngo, "Urukundo mfitiye Inzu yaawe ni nk’umuriro ungurumanamo."
Ntimuuzi yuuko imibiri yaanyu ari urusengero rw’Umwuka Weera utuuye muri mwe mwahaawe n’Imaana kandi mukaba ari ntaabubaasha mwifiteho ngo mwigenge?
nindamuka ntinze, ube uzi uko umuntu akwiriye kwifata mu muryango w’Imaana, ari wo toorero ry’Imaana nzima, kandi inkingi ishigikiye ukuri kwayo.
Ariko Kristo we ni umwiringirwa nk’Umwana ushinzwe gutegeka inzu y' Imaana. Iyo nzu y’Imaana ni twe turamutse tugize ubutwari kandi tugakomerera mu byo twiringiye.
Ba sogokuruza baari bafite ihema rigaragaza ko Imaana iri na bo mu butaayu, nk’uko yategetse ubwo yavuganye na Moose. Imutegeka kurishinga akurikije uburyo Imaana yari yamweretse. Haanyuma ba sogokuruza baheerereekanya iryo hema kugeza igihe ca Yosuwa aba ari we ubayobora baaza gufata iki gihugu Imaana imaze kuciirukanamo abanyamahanga. Iryo hema riguma aho kugeza mu gihe ca Dawudi, wari utonnye imbere y’Imaana maze agasaba kuubaka Inzu y’Imaana ya Yaakobo. Ariko Solomooni ni we wuubatse Inzu y’Imaana. Nyamara Isumbabyose ntiiba mu mazu yuubatswe n’amaboko y’abantu nk’uko umuhanuuzi yavuze ati,
‘Ijuru n’intebe yanje y’ubwami,
kandi isi ni akabaaho nkandagizaho ibirenge byanje.
Muzanyubakira nzu ki, ni ko Uhoraho avuga,
cangwa se aho nzaaruhuukira, hazaaba hameze hate?
Intoki zanje si zo zaaremye ibyo byose?’