Preocupação
A preocupação é uma das maiores armadilhas da vida moderna. Jesus ensinou que a ansiedade nada acrescenta à nossa vida e nos convida a confiar na provisão do Pai celestial.
Não se preocupe
Jesus disse: não andeis ansiosos pela vossa vida. O Pai celestial sabe do que precisamos e cuida de nós com ternura e fidelidade.
Ni co gitumye mbabwira ngo, ntimugahagarike imitima yaanyu ku byerekeye ubuzima bwanyu muti, mbese tuzaarya iki, cangwa tuzanywa iki, cangwa ibifashe ku mubiri waanyu muti, mbese tuzambara iki. Mbese ubuzima ntiburuta ibyo kurya, n’umubiri ukaruta imyambaro?
Noone reero ntimugahagarike imitima yaanyu mwibaza iby’ejo, kuko iby’ejo bibara ab’ejo, kandi ingoorane za buri munsi zirahaagije.
Naho izaaguuye mu mahwa, zisobaanura umuntu wumva neeza ijambo, ariko akiita ku by’isi maze irari ry’ubutunzi rikaniga rya jambo, maze ntiryere imbuto.
Nuuko abantu ibihumbi n’ibihumbi bateeranira aho Yesu ari, bagera n’aho bakandagirana. Abwira abiigiishwa be ati, "Mwirinde umusemburo w’Abafarisaayo ari wo buryarya. Ndababwira ukuri yuuko ari ntaacahishwe kitazaahishuurwa, kandi ko ari ntaabanga ritazaamenyekana. Nuuko reero ibyo mwavugiye mu rwihereero byose, bizumvikanira ku mugaragaro. Ndetse n’ibyo mwongoreraniye ahiihereereye bizaarangururirwa ku mugaragaro."
Yesu akomezamo ati, "Nshuti zanje, ntimugatinye abantu bashobora kubiica ariko ntaakindi baashobora kubatwara. Ahuubwo ndababwira yuuko mutinya Imaana ifite ububaasha bwo kwica umuntu ikanamujugunya mu muriro utazima. Koko ndabibabwiye, uwo abe ari we mutinya. Mbese, ibishwi bitaanu ntibigura ibiceri bibiri gusa? Imaana ntiyakwibagirwa na kimwe muri byo. Ndetse n’umusatsi wo ku mitwe yaanyu woose warabazwe. Nuuko ntimugatinye kuko murusha agaciiro ibishwi byinshi."
Nuuko Yesu arababwira ati, "Ndababwira ukuri yuuko umuntu weese uzampamiriza imbere y’abantu, Umwana w’Umuntu na we azaamuhamiriza imbere y’abaamalayika b’Imaana. Ariko unyihakanira imbere y’abantu, Umwana w’umuntu azamwihakanira imbere y’abaamalayika b’Imaana. Umuntu weese uvuga naabi Umwana w’Umuntu azaababarirwa, ariko utuka Umwuka Weera, ntaazaababarirwa na hato.
Nibabashira imbere mu masinagoogi, no mu batware hamwe no mu bacaamanza, ntimuzaahagarike umutima w’ibyo muziireguuza cangwa w’ibyo muzaavuga. Ico gihe Umwuka Weera azaabamenyeesha ico mukwiriye kuvuga."
Maze umwe muri abo bantu abwira Yesu ati, "Mwigiisha bwira mukuru wanje tugabane umurage twasigiwe na daata."
Yesu aramusubiza ati, "Nshuti yanje, ni nde wangize umucaamanza cangwa uwo kubagabira ibintu byanyu." Arongera arababwira ati, "Mwitonde kandi mube maaso ku bintu byo kurarikira, kuko ubugingo bw’umuntu butava mu bukire bw’ibyo afite."
Maze Yesu abaciira uyu mugani ati, "Haabaayeho umugabo w’umukire wari ufite itaka ryeraga caane. Yiigiira inaama ati, ‘Nzaakora nte, ko ntafite umwanya uhaagije wo guhunikamo imyaka yanje?’
Maze aravuga ati, ‘Nzaakora ntya: Ndasenya ibigega mpunikamo, maze nuubake binini birutaho umwo nzaaja mpunika imyaka yanje yoose hamwe n’ibindi bintu byanje ntunze. Nooneho niibwire nti: Ubu ufite ibyiza byinshi wibiikiye bizaagutunga igihe kireekire wiriire kandi winywere maze udamarare.’
Ariko Imaana iramubwira iti, ‘Wa mupfaapfa we! Iri joro urakuurwaho ubugingo bwawe. Noone se ibyo washaatse bizaaba ibya nde?’
Uku ni ko bizaaba ku muntu weese wirundaanyiriza ubukire bwo mu isi adafitanye ubumwe n’Imaana."
Nuuko Yesu abwira abiigiishwa be ati, "Ni co gituma mbabwira nti, ‘Ntimukiiganyire ku bw’ubugingo bwanyu ngo muhagarike umutima muti, tuzaarya iki, cangwa muteekereze ibyerekeye umubiri ngo tuzambara iki?’ Ubugingo buruta caane ibyokurya n’imyambaro. Mureebere ku nyoni zo mu kireere, ntaabwo zihinga cangwa ngo zisaaruure. Ntizifite n’amazu zihunikamo cangwa ibigega, nyamara Imaana irazigaburira. Ntimuuzi se ko muziruta inshuro nyinshi? Ni nde muri mwe wakwiyongeraho n’isaaha imwe yoonyine ku bugingo bwe ku bwo guhagarika umutima? Noone se niiba mutashobora gukora ikintu gito nk’iki, ni iki kibahagarikiisha umutima ku bindi bintu.
Nimureebe kandi uko ibimori byo mu gasozi bikura. Ntibigira umurimo bikora cangwa ngo bigire imyambaro bidoda ariko ndababwira yuuko na Solomooni mu bukire bwe, atiigeze yambara neeza nka byo. Imaana iha ubwiza ibimera byose byo mu gasozi, bibaho uyu munsi, ariko ejo bigataabwa mu muriro. Noone se ntizaabakorera ibirutaho mwa bafite kwizeera guke mwe? Nuuko ntimugahagarike umutima w’ibyokurya cangwa ibyokunywa ngo abe ari byo muhozaho umutima. Ibi byose abatiizeera Imaana bo mu isi na bo barabishaakiisha. Naho mwe So wo mu ijuru azi ko mubyifuuza. Ahuubwo mbere ya byose, mushaake Ubwami bw’Imaana, niho ibyo muzaabyongererwa.
Mwa biigiishwa banje mwe, nuubwo muri bake, ntimugaatinye kuko So aneezeezwa no kubaha Ubwami bwe. Muguriishe ubutunzi bwanyu maze amashilingi muyafashishe abakene. Mwishaakire ubutunzi buhoraho ari bwo bukire bwo mu ijuru butagira iherezo kandi aho abajuura bataabwiba cangwa inyenzi ngo ziburye. Ndababwira ko aho ubukire bw’umuntu buri, ari ho n’umutima we uzaaba.
Nuuko muhore mwiteguuye kandi amataara yaanyu yake. Mumere nk’abagaragu bategereza sheebuja ngo ave mu bukwe kugira ngo naagaruka agakomanga, baheereko bamukinguurire. Abagaragu bo sheebuja azaasanga biiteguuye, ni bo bazaagororerwa. Ndababwira ukuri yuuko azaakenyera, akabiicaza, akabagaburira. Abagaragu bo sheebuja azaasanga bari maaso aho azaazira hoose, haba nijoro cangwa mu gitondo kare, bazaagororerwa. Mwibuke ko iyo nyirirugo aza kumenya isaaha umujuura aribuuzire mu nzu ye, ntiyakwemeye ko inzu ye icukurwa. Namwe reero mukwiriye kwiteeguura, kuko Umwana w’Umuntu azaaza mu gihe mudateekereza."
Nuuko Peetero aravuga ati, "Nyagasani, uyu mugani ni twe uwuciiriye twenyine cangwa ni abantu boose?"
Yesu aramusubiza ati, "Ni nde mugaragu w’ubwenge kandi udahemuka wo sheebuja azaasigira umurimo wo kugaburira abandi bagaragu mu gihe gikwiriye? Uwo mugaragu wo sheebuja azaaza agasanga yarakoze ibikwiriye azaagororerwa. Ndababwira ukuri yuuko sheebuja azaamuha gutegeka ibye byose. Ariko uwo umugaragu natangira kwibwira ko sheebuja atari bugaruke vuba, agatangira gukubita bagenzi be, akiiriira, akinywera ndetse agasinda, sheebuja azaaza umunsi uwo mugaragu atamwiteguuye n’igihe ataazi. Azaamuhana bikabije hamwe n’abantu batiizeera.
Umugaragu weese uzi ico sheebuja ashaaka ntaaciteho, ngo agikore nk’uko yategetswe, azaakubitwa inkoni nyinshi. Ariko umugaragu utaazi byinshi byo sheebuja ashaaka, agakora ibidakwiriye, azaakubitwa inkoni nke. Uwahaawe byinshi azaabazwa byinshi kandi n’uwahaawe byinshi birutaho, aziishuzwa byinshi kurutaho.
Nazanywe no gukongeza umuriro ku isi, icampa uwo muriro ukaba umaze gufata! Mfite umubatizo w’umubabaro uteeye ubwoba nzaabatizwa, bimpagaritse umutima kugeza igihe bizaarangirira. Mbese mwibwira ko naaje kuuzana amahoro mu isi? Oya rwose! Ahuubwo naaje gutandukanya abantu. Kuva ubu, abantu bataanu bo mu muryango umwe, ntibazaahuuza. Batatu bazaarwanya babiri, n’abandi babiri barwanye batatu. Umuhungu ntaazaahuuza na se, na se ntaazaahuuza n’umuhungu we. Umukoobwa ntazaahuuza na nyina, kandi nyina yeguhuuza n’umukoobwa we, ndetse n’umukazaana na nyirabukwe, ntibazaahuuza."
Arongera abwira abantu ati, "Iyo muboonye igicu giturutse iburengerazuuba, muravuga muti, ‘Imvura igiiye kugwa’ kandi koko ikagwa. Kandi iyo umuyaga uhuuha uturutse mu majeepfo, muravuga muti, ‘Haraba ubushuhe bwinshi’ kandi ni ko biba. Mwa ndyarya mwe! Mbese ko muuzi gusobaanura impindahinduka y’umunsi n’ikireere, ni kuki mutamenya gusobaanura iby’iki gihe?
Mwebwe se ni kuki mutamenya guhitamo igikwiriye? Nuujaana n’umuntu ukurega ku mucaamanza, ugerageze wiyuzuze na we mutaraagera imbere y’umucaamanza, bigatuma umucaamanza agushikiriza umusirikare, maze na we akagushira mu gihome. Ndababwira ukuri yuuko utazaavamo utari wishura umwenda woose hadasigayeyo n’ishilingi n’imwe."
Entregar a ansiedade a Deus
Lançar sobre o Senhor toda ansiedade é um ato de fé. A paz de Deus, que excede todo entendimento, guarda nosso coração e mente.
Ntimukagire ico mwiganyira ahuubwo muri byose mumenyeeshe Imaana ibyo mukeneye byose muyisenga, muyinginga kandi muyishiima. Kandi amahoro Imaana itanga, aruta uko umuntu yakwibwira azaarinda imitima yaanyu n’ibiteekerezo byanyu muri Kristo Yesu.
Muyeegurire ibibahagaritsa imitima byose, kuko ibiitaho.
A paz de Cristo
Jesus prometeu sua paz — não como o mundo dá, mas uma paz que transcende as circunstâncias e silencia o medo.
Mbasigiye amahoro, mbahaaye amahoro yanje. Sinyabahaaye nk’uko ab’isi bayatanga. Ntimuhagarike imitima, kandi ntimugire ubwoba.
Yesu arababwira ati, "Ntimuhagarike imitima yaanyu. Mwizeere Imaana, nanje munyizeere.
Ni babafata bakabajaana mu bucaamanza, ntimuzaahagarike imitima yaanyu ngo mwibaze uko muziireguura. Ahuubwo ico gihe ni kigera, muzaahabwa ico mukwiriye kuvuga, kuko atari mwe muzaaba muvuga ahuubwo n’Umwuka Weera.
Confiança na provisão divina
Deus é poderoso para suprir abundantemente. O choro pode durar uma noite, mas a alegria vem pela manhã. Sua graça basta.
Kandi Imaana ifite ububaasha bwo kubaha ibyifuuzo byanyu byose, kugira ngo murusheho gukora ibyiza byose mufite ibibahaagije.
Nuuko numva ijwi rirenga riturutse ku ntebe y’ubwami rivuga riti, "Dore ubu, urugo rw’Imaana ruri mu bantu kandi Imaana igiiye gutuura na bo kandi babe abaayo. Imaana ubwayo izaabaana na bo kandi ibe Imaana yaabo. Izaahanagura amarira yoose ku maaso yaabo. Ntihazongera kubaho urupfu, kandi agahinda no kurira no kubabara na byo ntibizongera kubaho, kuko ibyambere byose bizaaba birangiye."