12 Mugire imyifatire myiza mu banyamahanga, kugira ngo n’ubwo babasebya nk’aho muri inkozi z’ibibi, babone imirimo yaanyu myiza nuuko bahe Imaana ikuzo igihe izaazira guca urubanza.
13 Kubwo kuubaha Nyagasani, muje mwumvira ubutegetsi bwose bwashizweho n’abantu, yaba umwami nyir’igihugu, 14 cangwa abatware bategeka na we, bo atuma guhana abakora ibidashitse no guhemba abakora ibishitse.