2 Uheereye ubu reero mugomba kumara iminsi mushigaje muri ubu buzima mudategekwa n’irari ry’umubiri ahuubwo mukurikiza ibyo Imaana ishaaka. 3 Mumaze igihe gihaagije mukora ibyo abataazi Imaana bakunda gukora, no kugira ingeso mbi zoose, n’irari, ubusinzi, kwineezeeza mubyo kunywa n’ubuheeheesi, hamwe n’imihango igayitse yo gusenga ibigirwamaana. 4 Noone ubu abo mwabikoranaga batangazwa no kubona mutagifatanya na bo mu ngeso mbi zikabije, bigatuma babasebya. 5 Nyamara bazaatanga umwanzuro imbere y’Imaana, yo yiiteguuye guciira urubanza abazima n’abaapfuuye. 6 Ni yo mpamvu abaapfuuye na bo baabwirijwe ubwo Butumwa Bwiza, kugira ngo n’ubwo baaciiriwe urubanza bakiri mu mubiri nka buri umwe, ni babaho mu buryo bw’Umwuka, babeho nk’Imaana.
7 Iheerezo rya byose riri haafi. Nuuko reero mwifate kandi mube maaso kugira ngo mushobore gusenga neeza.