10 Ahasigaye reero, nimukomezwe n’imbaraga zihebuuje za Nyagasani. 11 Mwambare intwaro zoose ziturutse ku Maana, kugira ngo muzaashobore guhangana n’uburiganya bwa Sataani. 12 Kuko ntiturwana n’abantu, ahuubwo turwana n’imyuka mibi itegeka ikireere, ibikomangoma n’ibihangaage, n’abategeka iyi si y’umwijima. 13 Nuuko reero nimwambare intwaro z’Imaana, kugira ngo umunsi mubi ni ugera, muzaashobore guhangana n’igiteero c’umwanzi, kandi intambara n’irangira, muzaahagarare mudatsinzwe.
14 Nuuko reero nimuhagarare kigabo, mukenyere ukuri nk’umushumi, kandi mwambare gukiraanuka nk’icuuma gikingira igituuza. 15 Naho ingato zo mu birenge byanyu, zibe umwete wo kwamamaza Inkuru Nziiza y’amahoro. 16 Igihe coose, muje mwitwaza ingabo yo kwizeera, kuko ari yo muziifashiisha kuzimya imyambi igurumana, iraswa n’umubi. 17 Nimwakiire agakiza nk’ingofero y’icuuma, kandi n’ijambo ry’Imaana nk’inkoota muhaabwa n’Umwuka.