6 Ariko Yesu ubu amaze guhaabwa ubuheereza buruta ubw’abandi baheerezabitambo, kuko ni we uduhuuza n’Imaana mu seezerano rihebuuje ryayo rishingiye ku maseezerano ahebuuje aruta aya keera.
7 Kuko iyo iseezerano rya mbere ritaaza kugira inenge, ntibyakabaaye ngombwa ko hashaakwa irindi rya kabiri. 8 Ariko Imaana igaya abantu baayo ibabwira iti,
"Dore iminsi igiiye kuuza, ni ko Uhoraho avuga,
ubwo nzaashiraho iseezerano risha n’inzu ya Isirayeli hamwe n’inzu ya Yuda.
9 Ntirizaaba nk’iryo naseezeranye na ba seekuruza
umunsi nabafashe ukuboko nkabakuura mu gihugu ca Igiputi,
kuko ntibaagumye mu iseezerano ryanje
nuuko bigatuma ntabiitaho. Ni ko Uhoraho avuga.
10 Iri ni ryo seezerano nzaaseezerana n’inzu ya Isirayeli
nyuma y’iyo minsi, ni ko Uhoraho avuga.
Nzaashira amategeko yanje mu biteekerezo byabo,
kandi nyandike ku mitima yaabo,
kandi nzaaba Imaana yaabo
na bo bazaaba abantu banje.
11 Kandi ntibaziigiishanya
cangwa ngo babwirane bati,
‘Menya Uhoraho’
kuko boose bazaamenya,
uheereye ku woroheje muri bo ukageza ku ukomeye.
12 Nzaabababarira ibicumuro byabo,
ibyaha byabo sinzaabyibuka ukundi."
13 Ubwo Uhoraho yavuze iseezerano risha, ni ukuvuga ngo, iryambere ntirigikoreeshwa. Kandi ikitagikoreeshwa kiba gishaaje, kikaba ari ico kuvaho burundu.