1 Noone niiyemeje kutagaruka iwaanyu ngo ntongera kubateera agahinda. 2 Mbese mbateeye agahinda, ni nde wanteera umuneezeero? Ni abo bo nateeye agahinda. 3 Ni co gituma narabandikiye urwandiko ntyo, kugira ngo ninza nteeguteezwa agahinda n'abo baakabaaye banteera umuneezeero. Kuko niiringira ko umuneezeero wanje ari wo muneezeero waanyu. 4 Kuko nabandikiye mfite agahinda gasaaze, umutima wanje wuuzuye umubabaro kandi ndira, atari ukugira ngo namwe mbateeze gushavura, ahuubwo ngo mumenye yuuko mbafitiye urukundo ruhebuuje.
5 Niiba hari umuntu wagize uwo ateera agahinda, si nje yababaje gusa ahuubwo namwe yarabababaje mu buryo butari bumwe. 6 Igihano abenshi muri mwe baamuhannye kirahaagije ku muntu nk'uwo. 7 Noone reero ubu mumubabarire kandi mumuhuumurize, kugira ngo ataaza kwicwa n'agahinda gasaaze. 8 Kandi ndabinginze, mumwereke urukundo mumufitiye. 9 Nabandikiye mbagerageza kugira ngo menye niiba mwumvira muri byose. 10 Umuntu weese wo muzaababarira nanje nzaamubabarira. Kuko iyo mbabarira, niiba koko hari ico nkwiriye kugirira imbabazi, mba mbabarira ku bwanyu imbere ya Kristo, 11 kugira ngo tweguha Sataani umwanya wo kutuguusha kuko tuuzi imigambi ye.
12 Ubwo nageze i Tirowa kwamamaza Ubutumwa Bwiza bwa Kristo, nasanze Umwami waacu yaranteguuriye uburyo. 13 Ariko nahangayikiishijwe n'uko ntaasanzeyo mwene daata Tito. Nuuko mpeerako ndabaseezera nja i Makedooniya.
14 Ariko Imaana ishimwe kuko ishoboza Kristo guhora atuja imbere mu kwizihiza intsinzi. Ni yo ituma twamamaza hoose impuumuro nziiza izanwa no kumumenya. 15 Kuko turi nk'imibavu ihuumura neeza Kristo atuura Imaana, ikagera kuri abo bakizwa hamwe n'abarimbuka. 16 Kuri abo barimbuka, tubanuukira nk'urupfu rubiica, ariko kuri abo bakizwa, ni impumuro nziiza ibaazanira ubuzima. Mbese ni nde waashobora gukora umurimo nk'uyu? 17 Ariko twe ntitumeze nk'abagenda bacuruuza ijambo ry'Imaana nk'aho ari umukimbo uciiriritse, ahuubwo kuko Imaana ari yo yadutumye, tuvuga tutaryarya imbere yaayo kandi nk'abakozi ba Kristo.