22 Biibwira ko ari abanyabwenge, ariko baahindutse abapfaapfa. 23 Ubwiza bw’Imaana idapfa baabuguranye ishusho isa n’umuntu uzaapfa, isa n’ibiguruka, n’inyamaaswa zigenza amaguru ane cangwa ibikururuka haasi.
24 Ni co caatumye ibateererana ngo bakore ibyo imitima yaabo irarikira, bagakora ibiteeye isoni maze bigahumaanya imibiri yaabo. 25 Baaguranye ukuri kw’Imaana ibinyoma, baramya kandi bakorera ibyaremwe babirutiisha Imaana Rurema ubwayo, ari yo ikwiriye guhimbaazwa iteeka ryose, Amiina.
26 Ni yo mpamvu Imaana ibagabiza ibiteeye isoni bararikira, ndetse n’abagore na bo bagakoreesha imibiri yaabo mu guhuuza ibitsina mu buryo bunyuranye n’ubwo baaremewe. 27 Ni co kimwe abagabo na bo bareka guhuuza ibitsina n’abagore ahuubwo bakararikirana ubwabo. Abagabo batingana n’abagabo bagenzi baabo. Bityo reero Imaana ikabaha igihano kibakwiriye ku bw’ubukozi bw’ibibi bwabo.