25 Muri bo, haari umugore wari urwaye indwara yo kuva, ayimaranye imyaka cumi n’ebyiri, 26 yari amaze igihe yiihangaanira ububabare bwinshi, kandi yari yaramariye ibye mu bavuuzi ariko ntihagire ico bamumarira ahuubwo akarushaho kuremba. 27 Yari yarumviise ibifashe kuri Yesu, nuuko aca mu imbaga y’abantu amuturuka inyuma akora ku mwenda we, 28 kuko yibwiraga mu mutima ati, "Naaho naafata ku mwambaro we byonyine, ndakira."
29 Ako kaanya aratsina, abyiyumvamo ko akize iyo ndwara. 30 Yesu ahita amenye ko imbaraga zimuvuuyemo, ahindukira abantu arababaza ati, "Ni nde ufashe ku mwambaro wanje?"
31 Abiigiishwa be baramusubiza bati, "Urabona ukuntu abantu bari kukubyiganiraho, naawe ukabaza ngo ‘Ni nde ufashe ku mwambaro wanje?’ "
32 Ariko Yesu akomeza kureeba impande zoose kugira ngo abone uwamufasheho. 33 Uwo mugore agira ubwoba bwinshi ahinda umushitsi, maze amwikubita imbere amubwiza ukuri kuko yari azi ibimaze kumubaho. 34 Yesu aramubwira ati, "Mwana wanje, kwizeera kwawe kuragukijije, genda amahoro maze ukire indwara yaawe."