1 Nuuko arababwira ati, "Ndababwira ukuri, yuuko bamwe muri mwe batazaapfa bataboonye Ubwami bw'Imaana buuza bufite ububaasha."
2 Iminsi itandatu ishize, Yesu ajaana na Peetero na Yaakobo na Yohaana, maze abajaana mu mpinga y'umusozi mureemure bonyine. Ahindukira ukundi imbere yaabo, 3 imyambaro ye irarabagirana, yeera de, ku buryo ko ari ntamumeshi wo mu isi wakabashije kuyeeza atyo. 4 Maze Eliya na Moose barababonekera bagaanira na Yesu. 5 Haanyuma Peetero abwira Yesu ati, "Mwigiisha, byakabaaye byiza kwibeera hano, reka twubake amahema atatu, rimwe ryawe, irindi rya Moose, n'irindi rya Eliya." 6 Ntaabwo yari azi ico kuvuga, kuko baari baagize ubwoba bwinshi caane.
7 Maze igicu kirababundikira, nuuko giturukamo ijwi rivuga riti, "Uyu ni Umwana wanje nkunda caane, mumwumvire!" 8 Bareebye hiirya no hiino, ntihaagira undi muntu babona, uretse Yesu wenyine.
9 Ubwo baamanukaga umusozi, abategeka kutagira uwo babwira ibyo baaboonye, kugeza ubwo Umwana w'Umuntu azaaba amaze kuzuuka.
10 Bakomeza kuzirikana iryo jambo, ariko biibaza ico iryo zuuka mu baapfuuye rimenyeesha. 11 Nuuko babaza Yesu bati, "Kuki abanditsi bavuga ko Eliya akwiriye kubanza yaaza?"
12 Arababwira ati, "Ni byo koko, Eliya agiiye kuuza asubizeho byose bundi busha. Ntibyanditswe ko Umwana w'Umuntu azaababazwa, kandi agashinyagurirwa? 13 Ariko ndababwira yuuko Eliya yamaze kuuza, kandi ko bamukoreye ibyo bashaaka, nk'uko byamwanditsweho."
14 Bageze ku bandi biigiishwa, babona abantu benshi babiitoorooye, kandi baja impaka n'Abiigiishamategeko. 15 Abantu benshi baboonye Yesu, baratangaara caane, bamusanga birukanka baja kumuramutsa. 16 Arababaza ati, "Ico mujaho impaka na bo ni iki?"
17 Umwe mu baari aho aramusubiza ati, "Mwigiisha, nkuuzaniye umwana wanje, yateewe na dayimooni ituma atavuga. 18 Iyo imufashe, imutuura haasi, akaazana urufuzi, agahekenya ameenyo kandi akagambarara. Nasabye abiigiishwa baawe ngo bayirukane, ariko ntibaabishobora."
19 Arabasubiza ati, "Yemwe bantu b'iki gihe, kuki mutiizeera? Nzaabaana namwe kugeza ryari? Nimuumunzanire." 20 Umwana baramuuzana. Dayimooni iboonye Yesu, itigisa wa mwana caane, maze yiikubita haasi ariigaragura, azana urufuzi mu kanwa. 21 Yesu abaza se ati, "Hashize igihe kingana iki ibi bimubaho?" Na we aramusubiza ati, "Byamufashe kuva mu bwana. 22 Ihora imusuka mu muriro no mu maazi ishaaka ku mwica, ariko niiba hari ico waashobora gukora, tugirire imbabazi maze udufashe."
23 Yesu aramubwira ati, "Kuki uvuze ngo, ‘Niiba waabishobora?’ Byose bishobokera uweemera."
24 Ako kaanya se w'uwo mwana ateera heejuru avuga ati, "Ndeemera, nyongeerera ukwemera!"
25 Yesu aboonye abantu benshi baazira hamwe biirukanka, acaaha dayimooni, avuga ati, "Wowe dayimooni utuma uyu mwana atavuga kandi ntiyumve, ndagutegetse, muvemo, kandi ntukazaamugarukemo ukundi!"
26 Nyuma yo kuvuza induuru no kumutigisa caane, imuvamo maze umwana amera nk'upfuuye, bituma benshi bavuga bati, "Yapfuuye." 27 Ariko Yesu amufata ukuboko maze aramuhagurutsa, ashobora guhagarara.
28 Yinjiye mu nzu, abiigiishwa be baramwihereerana maze baramubaza bati, "Kuki twebwe tutaashoboye kuyiirukana?"
29 Arababwira ati, "Beene ubwo bwoko ntibupfa kwirukanwa uretse amasengeesho no kwiyiriza ubusa."
30 Bavayo, banyura i Galileeya. Ntiyashaakaga ko hagira ubimenya, 31 kuko yiigiishaga abiigiishwa be ababwira ati, "Umwana w'Umuntu agiiye kugambaanirwa ashirwe mu maboko y'abantu, maze bamwice, ariko nyuma y'iminsi itatu, azuuke."
32 Ariko ntibaasobaanukirwa ico yababwiraga kandi batiinyaga no kumubaza.
33 Bagera i Kaperenawumu, Yesu ari mu nzu arababaza ati, "Ni iki mwajagaho impaka muri mu nzira?"
34 Ariko bariihorera, kuko bari mu nzira baari baagiiye impaka zo kumenya umukuru muri bo uwo ari we. 35 Ariicara, yakura abo cumi na babiri, maze arababwira ati, "Ushaaka kuba uwa mbere agomba kuba uwa nyuma kandi akaba n'umugaragu wa boose." 36 Azana umwana muto, amuhagarika hagati yaabo, aramukiikira, maze arababwira ati, 37 "Uwaakiira umwana nk'uyu mu izina ryanje ni nje aba yaakiiriye, kandi unyakiira aba atari nje yaakiiriye ahuubwo aba yakiiriye uwantumye."
38 Yohaana abwira Yesu ati, "Mwigiisha, twaboonye umuntu wiirukana abadayimooni mu izina ryawe turamubuza, kuko atari umwe muri twe."
39 Ariko Yesu aravuga ati, "Ntimumubuze, kuko nta muntu ukora igitangaaza mu izina ryanje, wansebya. 40 Utari umwanzi waacu aba ari uwaacu. 41 Ndababwira ukuri yuuko, uzaabaha igikopu c'amaazi yo kunywa ku bw'izina rya Kristo, ntaabwo azaabura ingororano.
42 Umuntu weese muri mwe uzaabeera igisiitaaza umwe muri aba bato baanyemera, ibyiza ni uko yaahambiirwa urusyo mu ijosi, akajugunywa mu nyanja. 43 Ukuboko kwawe ni gutuma ucumura, uguceho, ni byiza ko waakwinjira mu bugingo buhoraho umugaye, kuruta kuja mu muriro utazima n'amaboko yombi. [ 44 Aho hantu, inyo z'abapfu ntizishira kandi umuriro ubatwika ntuuzima.] 45 Kandi ikirenge caawe ni kigucumuza, ugiceho, ni byiza kwinjira ubuzima buhoraho uremaye kuruta kujugunywa i gehenoomu ufite ibirenge byombi. [ 46 Aho hantu, inyo z'abapfu ntizishira kandi umuriro ubatwika ntuuzima.] 47 Kandi ijiisho ryawe nirigucumuza, urinogooremo, ibyiza ni uko waakwinjira mu bwami bw'Imaana n'ijiisho rimwe, aho kugira amaaso abiri ukajugunywa mu muriro, 48 aho inyo zaabo zidapfa, kandi umuriro ubatwika ntuuzime.
49 Kuko buri weese azaasukuurwa n'umuunyu n'umuriro.
50 Umunyu ni mwiza, ariko iyo ukayutse, mwakongera mute kuwusubizamo uburyohe? Namwe ni ko mukwiriye kugirira Imaana akamaro nk'ako umuunyu ugira mu byokurya kandi mubaane amahoro."