Yesu Avuura Umugabo Wavuutse Ahumye
1 Ubwo Yesu yagendaga, abona umugabo wavuutse ahumye. 2 Abiigiishwa be baramubaza bati, "Mwigiisha, uwakoze icaaha caatumye uyu mugabo avuuka ahumye ni nde? Ni we wakoze icaaha, cangwa ni ababyeyi be?"
3 Yesu arabasubiza ati, "Haaba uyu mugabo cangwa ababyeyi be, ntaawakoze icaaha, ahuubwo yavuutse ahumye kugira ngo imbaraga z’Imaana zigaragarire muri we. 4 Tugomba gukora imirimo y’uwantumye hakiri ku manywa. Ijoro riraaje kandi muri ryo ntaawagira ico akora. 5 9:5 Mat 5:14; Yoh 8:12.Nkiri muri iyi si, ndi umuco w’isi."
6 Amaze kuvuga atyo, aciira haasi maze atobeesha akondo amacandwe, agasiiga ku maaso ya wa mugabo wari uhumye 7 avuga ati, "Genda ukarabe amaaso yaawe mu kidendeezi ca Silowamu" (Risobaanura "gutumwa"). Nuuko uwo mugabo wari uhumye aragenda, akaraba amaaso ye, maze agaruka ari kureeba.
8 Abatuuranyi be n’abaamubonaga mbere agisabiriza batangira kubazanya bati, "Uyu si wa mugabo wicaraga asabiriza?"
9 Bamwe bakavuga bati, "Ni we." Abandi bakavuga bati, "Ntaabwo ari we, ahuubwo ni uwo basa."
Maze wa mugabo arabasubiza ati, "Ni nje."
10 Ariko bakomeza kumubaza bati, "Byagenze bite kugira ngo ureebe?"
11 Arabasubiza ati, "Wa mugabo wiitwa Yesu yatobye akondo, akansiiga ku maaso maze ambwira kuja ku kidendeezi ca Silowamu kuyakaraba. Nuuko nja yo, nkimara gukaraba, ntangira kureeba."
12 Baramubaza bati, "Ari heehe?" Na we arabasubiza ati, "Ntaabwo mbiizi."