9 Bamaze kumva amagambo y’umwami, baragenda. Bageze imbere babona ya nyenyeeri baari baaboneye iburasirazuuba, ibaja imbere kugeza ubwo yahagaze aho uwo mwana yari ari. 10 Baboonye ko iyo nyenyeeri yahagaze, barishiima birenze urugero. 11 Binjiye mu nzu, babona umwana hamwe na nyina Mariya, barapfukama maze baheerako baramuramya. Bapfunduura ubusanduku bubiikwamo ibintu by’agaciiro, bamuheereza impaano z’izaahabu, Ububani2:11 Ububaani n’imibavu ihuumura neeza hamwe n’imibavu ihuumura neeza.
12 Nuuko bafata inzira basubira iwaabo bakoreesheje iyindi nzira kuko Imaana yari yabiihanangirije mu nzozi ngo badasubira kwa Herodi.