1 Kare kare mu gitondo, abatware b'Abaheerezabitambo boose n'abakuru b'imiryango barateerana ngo baje inaama yo kwica Yesu. 2 Baramuboha, baramujaana bamushikiriza Pilaato Umutegetsi mukuru w'i Rooma.
3 Ubwo Yuda wamugambaaniye aboonye ko Yesu baamuciiriye urubanza rwo gupfa, yiisubiraho ariicuza agarura bya biceri by'ifeeza mirongo itatu abiheereza abatware b'Abaheerezabitambo n'Abakuru b'imiryango. 4 Aravuga ati, "Naacumuye kuko nagambaaniye umuntu w'umwere ngo yiicwe." Ariko bo baramusubiza bati, "Ibyo birakureeba! Ntibidufasheho!" 5 Nuuko Yuda ajugunya ibyo biceri mu Nzu y'Imaana, aragenda aja kwimanika. 6 Ariko abatware b'Abaheerezabitambo, batoragura bya biceri baravuga bati, "Amategeko ntiyeemera ko ibi biceri bivangwa n'ibindi byo mu bubiiko bw'Inzu y'Imaana, kuko byatanzwe nk'ikiguzi co kumena amaraso." 7 Bamaze kuja inaama, bahitamo ko ibyo biceri babiguramo Umurima w'Umubumbyi kugira ngo uzaabe irimbi ryo kuja bahambamo abanyamahanga. 8 Ni co gituma uwo murima wiitwa, Umurima w'Amaraso kugeza na n'ubu. 9 Nuuko huuzuzwa ibyari byarahanuuwe n'umuhanuuzi Yeremiya ati, "Bajanye ibiceri by'ifeeza mirongo itatu, ari co giciiro bamwe mu Biisirayeli baari biyemeje kumugura, 10 babiguramo umurima w'Umubumbyi, nk'uko Nyagasani yabitegetse."
11 Yesu ahagarara imbere y'umutegetsi w'i Rooma wiitwaga Pilaato. Uwo mutegetsi abaza Yesu ati, "Ni wowe mwami w'Abayuuda?" Yesu aramusubiza ati, "Urabyivugiye". 12 Ariko abatware b'Abaheerezabitambo n'abakuru b'imiryango baamureze, ntiyagira ico abasubiza. 13 Nuuko Pilaato aramubaza ati, "Mbese ntiwumva ibyo birego byose bakurega?" 14 Ariko Yesu ntiyagira ijambo na rimwe asubiza Pilaato ku byo bamurega maze Pilaato biramutangaaza caane.
15 Buri munsi mukuru wo Kunyurwaho, umutegetsi w'i Rooma yari yaramenyeereje abantu kubarekurira umwe mu basibe wo biishaakiraga. 16 Muri ico gihe haari umusibe w'ikirangirire wiitwaga Yesu Baraba. 17 Nuuko abantu bamaze guteerana, Pilaato arababaza ati, "Muri aba babiri uwo mushaaka ko mbarekurira ni nde, Yesu Baraba cangwa Yesu wiitwa Kristo?" 18 Kuko yari azi neeza ko abayobozi b'Abayuuda bamugabije Yesu biteewe n'ishari baamugiriye. 19 Ubwo yari aciicaye ku ntebe y'imanza, umugore we amwoherereza ubutumwa ati, "Ntuugire ico utwara uwo mugabo w'umuziranenge, naraaye ndoose byinshi bifashe kuri we, kandi byambujije amahoro."
20 Nuuko abatware b'Abaheerezabitambo n'abakuru b'imiryango boosha rubanda ko bakwiriye gusaba Baraba akarekurwa ariko Yesu we bakamwica. 21 Nuuko umutegetsi yongera kubabaza ati, "Mbese muri aba bombi, mushaaka ngo mbarekurire uwuuhe?" Baramusubiza bati, "Ni Baraba." 22 Pilaato arababaza ati, "Yesu wiitwa Kristo we mukorere iki?" Boose bavugira hamwe bati,
"Naabambwe!"
23 Pilaato arongera arababaza ati, "Kuki, yakoze caaha ki?"
Ariko bakomeza guteera heejuru bavuga bati, "Naabambwe!"
24 Pilaato aboonye ko ntaaco yaabikorera, ahuubwo ko byateera agasasamaro, afata amaazi akarabira intoki imbere ya rubanda, aravuga ati, "Ndi umwere w'amaraso y'uyu muntu, birabe ibyanyu." 25 Rubanda basubiriza hamwe bati, "Amaraso ye azaatubarweho n'abaana baacu!" 26 Nuuko abarekurira Baraba, ategeka ko bakubita Yesu, haanyuma aramubaha ngo bamubambe.
27 Nuuko abasirikare ba Pilaato bajaana Yesu mu gikaari c'umutegeka, umutwe w'abasirikare woose uramwitooroora. 28 Bamukuuramo imyambaro ye, bamwambika igishuura gitukura, 29 bamaze kuboha ikamba ry'amahwa, barimwambika ku mutwe. Bamufatiisha urubingo mu kuboko kwe kw'iburyo, maze baramupfukamira kandi bamushinyagurira bavuga bati, "Urakarama, Mwami w'Abayuuda!" 30 Nuuko bamuciiraho, bafata urubingo barumukubita mu mutwe. 31 Barangije kumushinyagurira, bamukuuramo ca gishuura, bamwambika imyambaro ye, bamujaana kumubamba.
32 Bagisohoka, bahuura na Simooni w'Umunyakureeni, bamuhata kwikorera umusaraba wa Yesu. 33 Bageze mu mwanya wiitwa Gorogota, kimenyeesha Ku k'igihanga, 34 bamusomya divaayi ivanze n'indurwe, asogongeye yanga kuyinywa. 35 Bamaze kumubamba, bagabana imyenda ye bakoreesheje ubufindo. 36 Abasirikare biicara aho, barinda Yesu. 37 Heejuru y'umutwe wa Yesu bashiraho icaapa canditsweho ngo, "Uyu ni Yesu Umwami w'Abayuuda" 38 Nuuko bamubamba n'abambuzi babiri, umwe iburyo bwe undi ibumoso bwe. 39 Abantu baanyuragaho baaramutukaga, bakazunguza umutwe 40 bati, "Woowe waaseenya Inzu y'Imaana ukayubaka mu minsi itatu, ikize! Niiba uri Umwana w'Imaana koko, manuka uve ku musaraba!" 41 Abatware b'Abaheerezabitambo hamwe, n'Abiigiishamategeko n'abakuru b'imiryango na bo bashinyagurira Yesu batyo 42 bavuga bati, "Yakijije abandi ariko we ntiyakwikiza. Ni umwami w'Abiisirayeli, naamanuke ku musaraba noone aha nuuko naatwe tumwemere. 43 Yiringira Imaana, reka reero Imaana imukize ubu, niiba ibishaaka, kuko yavuze ngo, ‘Ndi Umwana w'Imaana.’ " 44 Ba bambuzi baari babambwe hamwe na Yesu na bo bamutuka batyo.
45 Kuva saaha itandatu z'amanywa kugeza saaha cenda z'umugorooba isi yoose icura umwijima. 46 Maze nko ku saaha icenda z'umugorooba, Yesu ataka n'ijwi rirenga ati, "Eli Eli lama sabakitani?" Bisobaanura ngo, "Maana yanje, Maana yanje, ni iki gitumye unteererana?" 47 Bamwe mu baari bahagaze aho babyumviise baravuga bati, "Uyu mugabo aratabaaza Eliya!" 48 Ako kaanya umwe muri bo ariiruka afata icangwe, acuuzuza divaayi ishaariira, agishira ku rubingo, aramuheereza ngo anywe. 49 Ariko abandi baravuga bati, "Reka tureebe niiba Eliya araaza kumukiza." 50 Nuuko Yesu yongera gutaka n'ijwi rirenga maze arapfa. 51 Ako kaanya umwenda wari umanitswe mu Nzu y'Imaana ushishimukamo kabiri, kuva heejuru kugera haasi. Isi ihinda umushitsi maze ibitare birasaduka. 52 Ibituuro birakinguuka, n'imibiri y'abeera baapfuuye irazuurwa, 53 maze iva mu bituuro. Yesu amaze kuzuuka, baja mu tawuni yeera y'i Yerusaalemu, babonekera abantu benshi.
54 Umutware utegeka abasirikare ijana n'abaari kumwe na we barinda Yesu, baboonye umushitsi n'ibibaaye bagira ubwoba bwinshi caane, baratiinya, baravuga bati, "Uyu yari Umwana w'Imaana." 55 Haariho abagore benshi bahagaze bareebera kure. Baari baherekeje Yesu kuva i Galileeya bamuheereza ibyo yifuuza. 56 Muri bo haarimo, Mariya Magadaleena, Mariya nyina wa Yaakobo na Yozefu, na nyina wa beene Zebedaayo.
57 Bugoroobye, haaza umugabo w'umukire uturuka Arimatiya, witwaga Yozefu, kandi na we yari Umwigiishwa wa Yesu. 58 Aja kwa Pilaato amusaba umurambo wa Yesu. Pilaato ategeka ko bawumuha. 59 Yozefu ajaana umurambo wa Yesu awuzinga mu mwenda w'umweru usukuuye, 60 awuhamba mu mva ye nsha yari yaracukuye mu ibuye ry'urutare. Haanyuma abirindurira ikibuye kinini ku muryango w'igituuro maze ariigendera. 61 Mariya Magadaleena na Mariya wundi baari aho, biicaye ahateeganye n'ico gituuro.
62 Umunsi wakurikiyeho ari wo Saabato, abatware b'Abaheerezabitambo n'Abafarisaayo bateeranira kwa Pilaato 63 baramubwira bati, "Nyakuubahwa, ibuka neeza yuuko wa mubeeshi akiriho yavuze ati, ‘Haanyuma y'iminsi itatu nzaazuuka.’ 64 Nuuko reero tegeka habeho kurinda igituuro kugeza ku munsi wa gatatu. Naho ubundi abiigiishwa be baaza bakamwiba, bakabwira abantu bati, ‘Yazuutse mu baapfuuye!’ Nuuko ikinyoma ca nyuma kikaruta ica mbere." 65 Pilaato arababwira ati, "Mufite abasirikare b'abarinzi, nimugende murinde ico gituuro nk'uko mushoboye." 66 Nuuko bagenda n'abarinzi maze bareeba ngo igituuro kirinzwe neeza, kandi kuri rya buye ripfundikiyeho bashiraho akamenyeetso.