1 Yesu yavuukiye i Beetelehemu mu gice c'i Yudeeya, ku ngoma y'Umwami Herodi. Amaze kuvuuka, abagabo baari abahanga mu bumenyi bw'inyenyeeri bava iburasirazuuba beerekeza i Yerusaalemu 2 barabaza bati, "Mbese umwami w'Abayuuda uheruutse kuvuuka ari heehe? Twaboonye inyenyeeri ye iri guhingukira iburasirazuuba, noone tuuje kumuramya."
3 Umwami Herodi n'abatuuye i Yerusaalemu boose babyumviise batyo, bahagarika imitima. 4 Herodi ahamagara abatware b'abaheerezabitambo boose hamwe n'abiigiishamategeko, ababaza aho Kristo azaavuukira.
5 Baramusubiza bati, "Azaavuukira i Beetelehemu mu gice c'i Yudeeya, nk'uko byanditswe n'umuhanuuzi ngo,
6 ‘Kandi naawe Beetelehemu yo muri Yudeeya,
ntaabwo uri uwanyuma mu butegetsi bwa Yuda,
kuko muri wowe hazaavuuka umutegetsi
uzaaba umushumba w'ubwoko bwanje bwa Isirayeli.’ "
7 Nuuko Herodi ahamagaza abo banyabwenge, arabiihereerana maze ababaza neeza igihe iyo nyenyeeri yabonekeye. 8 Aboohereza i Beetelehemu maze arababwira ati, "Nimugende mubaririze neeza iby'uwo mwana, nimumubona, muzaagaruke muumenyeeshe nuuko nanje nje kumuramya."
9 Bamaze kumva amagambo y'umwami, baragenda. Bageze imbere babona ya nyenyeeri baari baaboneye iburasirazuuba, ibaja imbere kugeza ubwo yahagaze aho uwo mwana yari ari. 10 Baboonye ko iyo nyenyeeri yahagaze, barishiima birenze urugero. 11 Binjiye mu nzu, babona umwana hamwe na nyina Mariya, barapfukama maze baheerako baramuramya. Bapfunduura ubusanduku bubiikwamo ibintu by'agaciiro, bamuheereza impaano z'izaahabu, Ububani hamwe n'imibavu ihuumura neeza.
12 Nuuko bafata inzira basubira iwaabo bakoreesheje iyindi nzira kuko Imaana yari yabiihanangirije mu nzozi ngo badasubira kwa Herodi.
13 Abanyabwenge bamaze kugenda, Malayika w'Imaana abonekera Yozefu mu nzozi, aramubwira ati, "Haguruka uhunze umwana na nyina, muje mu gihugu ca Igiputi, maze mugumeyo kugeza igihe nzaakubwirira, kuko Herodi arenda gushaakiisha uwo mwana ngo amwice."
14 Nuuko iryo joro Yozefu arahaguruka, afata inzira, ajaana umwana na nyina bahungira muri Igiputi. 15 Bagumayo kugeza igihe Herodi yapfiiriye. Ibi byabaayeho kugira ngo ibyo Uhoraho yavugiye mu muhanuuzi bisohore ati, "Nahamagaye umwana wanje ngo ave muri Igiputi."
16 Herodi amaze kumenya ko ba banyabwenge baari baturutse iburasirazuuba bamuhenze ubwenge, biramuraakaza caane. Ategeka ko abaana b'abahungu bafite imyaka ebyiri hamwe n'abataraayigeza boose batuuye i Beetelehemu n'ibice biheereranye naho biicwa. Yagereranyije igihe co baabanyabwenge bari baamubwiye ko ariho baaboonye inyenyeeri.
17 Ni bwo ibyavugiwe mu muhanuuzi Yeremiya byasohoye ngo,
18 "Induuru yumviikana i Rama,
induuru y'umuboroogo ukabije.
Rasheeli aririra abaana be,
ntibyashoboka ko ahozwa,
kuko batakiriho."
19 Herodi amaze gupfa, malayika w'Imaana abonekera Yozefu mu nzozi bakiri muri Igiputi, 20 aramubwira ati, "Haguruka usubize umwana na nyina mu gihugu ca Isirayeli, kuko abaashaakaga kumwica baapfuuye." 21 Nuuko Yozefu afata inzira ajaana umwana na nyina, basubira mu gihugu ca Isirayeli.
22 Ariko yumviise yuuko Arikelawosi mwene Herodi ari we wazunguuye se akaba ari we wabaaye umwami w'i Yudeeya, agira ubwoba bwo kujayo. Ariko kuko yari yihanangirijwe mu nzozi, aja mu disiturikiti y'i Galileeya, 23 atuura mu tawuni y'i Nazaareeti kugira ngo ibyavugiwe mu bahanuuzi bibe nk'uko byavuuzwe ngo, "Aziitwa Umunyanazaareeti."