Publicidade

Mateus 23

Yesu Yaamagana Ibyerekeye Abiigiishamategeko n'Abafarisaayo

1 Nuuko Yesu abwira abantu nyamwinshi n'abiigiishwa be ati, 2 "Abiigiishamategeko n'abafarisaayo ni bo baagiiye mu mwanya wa Moose mu gusobaanura amategeko, 3 nuuko reero mukore ibyo babiigiisha kandi mubikurikize, ariko mwegukurikiza ibyo bakora kuko ibyo bavuga atari byo bakora. 4 Bahambiira imitwaro iremeereye caane bakayishira ku ntugu z'abantu, ariko bo ntibeemere kuba bayikozaho n'urutoki rwabo ngo babafashe. 5 Ibyo bakora byose babikora ngo bareebwe n'abantu, ni co gituma bakunda kwambara udufuka batwaramo udupapuro tw'Ibyanditswe bakatugira tunini kuruta abandi, kandi bagahinuura imihino y'imyenda yaabo ngo ibe miremire kurushaho. 6 Bakunda imyamya y'icuubahiro mu mashitsi n'ibyicaro byiza mu masinagoogi, 7 bakunda ko baramutswa mu cuubahiro mu maguriro, no kumva abantu babiita ‘Mwigiisha.’ 8 Mwe ntimukeemere ko babiita ‘Mwigiisha,’ kuko mufite Umwigiisha umwe gusa, mwebwe mukaba muri abiiga. 9 Ntimukagire uwo mwita so kuri iyi si kuko mufite So umwe uri mu ijuru. 10 Kandi ntimukeemere ko babiita abatooza, kuko mufite umutooza umwe, ari we Kristo. 11 Umukuru muri mwe agomba kuba umugaragu waanyu. 12 Abiishira heejuru boose bazaaciishwa bugufi, kandi abiiciisha bugufi boose bazaashirwa heejuru.

Abafarisaayo n'Abiigiishamategeko Bazaabona Ishano

13 Muzaabona ishano mwa ndyarya mwe z'Abiigiishamategeko n'Abafarisaayo! Kuko mukingiranya abantu hanze y'Ubwami bw'ijuru, kandi namwe ubwanyu ntimwinjire, ahuubwo mukabuza n'abandi kwinjira. 14 Muzaabona ishano mwa ndyarya mwe z'Abiigiishamategeko n'Abafarisaayo, kuko murya ingo z'abapfaakazi, mukavuga amasengeesho mareemare mwiyerekana ngo babareebe. Muzaaciirwa urubanza rukomeye kurusha abandi. 15 Muzaabona ishano mwa ndyarya mwe z'Abiigiishamategeko n'Abafarisaayo! Kuko mwambuka inyanja n'ibihugu guhindura umuntu umwe, mwamubona mukamugira uwo kujugunywa mu muriro utazima birenze ibyanyu inshuro ebyiri.

16 Muzaabona ishano mwa barandasi bahumye mwe, muvuga muti, ‘Urahiye Inzu y'Imaana ntaaco biba bitwaye, ariko urahiye izaahabu yo mu Nzu y'Imaana azaafatwa n'iyo ndahiro.’ 17 Mwa bapfaapfa mwe b'impumyi! Ikiruta ikindi ni ikiihe, izaahabu cangwa Inzu y'Imaana yeeza iyo zaahabu? 18 Kandi muravuga muti, ‘urahiye igicaaniro ntaaco biba bitwaye, ariko urahiye ituuro riri ku gicaaniro azaaba aboshwe n'iyo ndahiro.’ 19 Mbeega ukuntu muri impumyi! Ikiruta ikindi ni ikiihe, ituuro cangwa igicaaniro ceeza iryo tuuro? 20 Nuuko reero, urahiye igicaaniro, aba akirahiye n'ibikiriho byose, 21 kandi urahiye Inzu y'Imaana aba ayirahiye hamwe n'Imaana iyituuyemo, 22 kandi urahiye ijuru, aba arahiye intebe y'Ubwami bw'Imaana n'uyiicaraho.

23 Muzaabona ishano mwa ndyarya mwe z'Abiigiishamategeko n'Abafarisaayo! Kuko mutanga kimwe ca cumi c'ibimera by'ifashiishwa nk'ibirungo nk'umujaaja, umudarasiini, n'umuteete, ariko mukirengagiza ingingo z'ingenzi z'amategeko, ari zo ubutabeera, imbabazi no kwizeera. Ibyo ni byo mwagombaga kwitooza mutaretse n'ibindi. 24 Mwa barandasi muhumye mwe! Mwubahiriza amategeko yoroshe ariko mukiyobagiza ingingo z'amategeko y'ingenzi mutabiizi.

25 Muzaabona ishano mwa ndyarya mwe z'Abiigiishamategeko n'Abafarisaayo! Mwoza igikopu n'isahaani inyuma, naho munda huzuyemo ibyo mwaboonye mu bwambuzi no kwikunda. 26 Wa Mufarisaayo uhumye we! Banza wooze munda y'igikopu nuuko n'inyuma habone kubonera.

27 Muzaabona ishano mwa ndyarya mwe z'Abiigiishamategeko n'Abafarisaayo! Mumeze nk'ibituro bisiize irangi ry'umweru, bireebeka neeza inyuma, ariko munda bikaba byuzuyemo amagufa y'abaapfuuye n'imyanda y'ingeri zoose. 28 Namwe inyuma mureebeka muri abakiraanutsi ariko munda mwuzuye uburyarya n'ubugome.

Yesu Avuga ku Bihano Abiigiishamategeko n'Abafarisaayo Bazaabona.

29 Muzaabona ishano mwa ndyarya mwe z'Abiigiishamategeko n'Abafarisaayo, kuko mwubaka imva z'abahanuuzi mugataaka imyanya y'urwibutso rw'abakiraanutsi, 30 maze mukavuga muti, ‘Yabaaye twarabaayeho mu gihe ca ba sogokuruza, ntaabwo twari gufatanya na bo kumena amaraso y'abahanuuzi.’ 31 Noone murabihamya ubwanyu ko mukomooka ku biishe abo bahanuuzi. 32 Nuuko namwe nimurangize umurimo watangiwe na basookuruza baanyu. 33 Mwa nzoka mwe, mwa baana b'inshiira mwe! Muzaahunga mute igihano c'i gehenoomu? 34 Nuuko reero ngiiye kubooherereza abahanuuzi, n'abanyabwenge, n'Abiigiishamategeko, bamwe muri bo muzaabiica kandi mubabambe, abandi muzaabakubitira mu masinagoogi yaanyu, muzaabiirukana mu ma tawuni yoose bazaajamo. 35 Nuuko reero muzaabarweho amaraso y'abakiraanutsi yamenetse ku isi, uheereye ku maraso y'umukiraanutsi Abeli kugeza ku maraso ya Zakariya mwene Barakiya, uwo mwiciye hagati y'aheera h'Inzu y'Imaana n'igicaaniro. 36 Ndababwira ukuri yuuko, ibi byose bizaasohora ku b'iki gihe.

Yesu aririra Yerusaalemu

37 Yemwe bantu b'i Yerusaalemu, biica abahanuuzi bagateera amabuye ababatumwemo! Ni kangaahe nashaatse kubarundarunda nk'uko inkoko ibundikiira ubushwi bwayo munda y'amababa yaayo, ariko ntimunkundire! 38 Dore iwaanyu hasigaye ari amatongo. 39 Ndababwira yuuko mutazongera kumbona kugeza ubwo muzaavuga muti, ‘Hahiirwa uje mu izina ry'Uhoraho.’ "

Veja também

Publicidade
Bíblia Online Bíblia Online

Bíblia Online • Versão: 2026-06-15_21-32-39-